Murakaza neza kuri Karanyuze.

Simenye ko aribwo bwa nyuma

Simenye ko aribwo bwa nyuma

Umuhanzi Byumvuhore

Icyo gihe izuba ryariho rirenga

Mu muhanda uva ku kiriziya i Gatagara

Ari kumwe n’umurwaza we

Bagendaga bitemberera

Bagaseka bagatwenga ariko bababaye x2

Simenye ko ari bwo bwa nyuma x2

 

Na njye nariho ntemberana n’inshuti yanjye

Tubabonye tugenda tubasanga

Bahagarara kuturamutsa

Duhagararana akanya gato

Twaganiriye macyeya ariko ahishe byinshi x2

Simenye ko ari bwo bwa nyuma x2

 

Yarihanganaga akavuga ariko ananiwe

Yarihanganaga agaseka ariko ababaye

Yari yitwaje akabando ke

Izuba rirasa ku ruhanga rwe

Tubonye ananiwe tumusezeraho ngo yigendere x2

Sinari nzi ko ari bwo bwa nyuma x2

 

Aduha umukono aradukomeza cyane

Murebye mu maso mbona indoro ye irahindutse

Yari ihishe byinshi atavuze

Nyamara ukabona ivuga ngo

Bana banjye murabeho ndagiye

Mbasabye gukundana nk’uko nabakunze

Mbasabye gufashanya aho muri hose

Simenye ko ari bwo bwa nyuma x2

 

Ubwo yahise ajya kwivuriza i Buraya

Jye nkagira ngo i Burayi nta kibananira

Nyuma inkuru mbi itaha i Rwanda

Ngo Rurema yaramuhamagaye

Naherutse abarira, n’abahogora b’i Gatagara x2

Numvaga atari bwo bwa nyuma x2

 

Bajya bavuga ko Imana igira imbabazi

Abandi yabahaye amaguru twe iduha Ferepo

Abandi yabahaye amaso twe iduha Yozefu

Abandi yabahaye kumva twe iduha Ndagije

None se ubu yamujyanye he?

None se ubu yaduhoye iki?

Burya koko waragiye twarabyemeye

Nta wundi ferepo uzabaho mu nsi y’ijuru oya ntawe x2

Urabeho mubyeyi

Sinari nzi ko ari bwo bwa nyuma

Nyir’ibihembo azaguhembe.


Read more at http://jbyumvuhore.e-monsite.com/pages/nyiribihembo-azaguhembe/simen.html#O3x7R27hILyyCR3V.99

Featured Songs